Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yatangaje ko ateganya gusubira mu gihugu cye nyuma y’igihe yari amaze mu buhungiro.
Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru birimo Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) na Jeune Afrique, Kabila yavuze ko “mu minsi ya vuba” azagaruka muri RDC kubera impungenge yatewe n’uko ibintu bihagaze nabi mu bijyanye n’umutekano ndetse no mu zindi nzego z’ubuzima bw’igihugu. Yavuze ko yifuza kugira uruhare mu gushaka ibisubizo by’ibibazo bikomeje kugariza igihugu.
Kabila yatangaje ko nasubira muri RDC, azahera mu burasirazuba bw’igihugu, aho intambara ikomeje hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa M23. Ni agace kamaze igihe kugarijwe n’umutekano muke, kagaragaramo imirwano ikomeye.
Hari amakuru avuga ko Kabila ashobora kwihuza n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, ririmo umutwe wa M23, aho bivugwa ko we na Moïse Nyarugabo wahoze ari Visi-Perezida wa RDC ku butegetsi bwe, bari gutegura uko babiyungaho.
Ibi byemejwe na bamwe mu banyapolitiki bo muri RDC, barimo Olivier Kamitatu wahoze ari Minisitiri muri guverinoma ya Kinshasa, ubu akaba ari umuvugizi wa Moïse Katumbi. Abinyujije ku rubuga X (rwakusimbuye Twitter), Kamitatu yagize ati: “Icyemezo cya Joseph Kabila cyo kujya mu burasirazuba bw’Igihugu, ahagenzurwa n’inyeshyamba, si igikorwa gisanzwe: ni ubutumwa bukomeye ku hazaza h’Igihugu cyacu.”
Ibi bibaye mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi bumaze igihe bushinja Kabila kuba umwe mu baterankunga bakuru ba M23, ariko we n’abo bafatanyije bakaba barakomeje guhakana ibyo birego, basaba leta gutanga ibimenyetso bifatika byashingirwaho.
Kugaruka kwa Kabila muri RDC bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bibera mu karere, cyane cyane mu bijyanye na politiki n’umutekano.