igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Mushikiwabo yasuzuguye Minisitiri mu buryo bukomeye ahita ajya kwiga muri USA
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Mushikiwabo yasuzuguye Minisitiri mu buryo bukomeye ahita ajya kwiga muri USA
AMAKURU

Mushikiwabo yasuzuguye Minisitiri mu buryo bukomeye ahita ajya kwiga muri USA

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 24, 2025 3:04 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF, Louise Mushikiwabo, yahishuye ko ubwo yari agiye kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yandikiwe na minisitiri amubuza gusohoka igihugu ariko akiyemeza kubirengaho.

Yabigarutseho ubwo yarimo kuganiriza Inkubito z’Icyeza mu gikorwa cyo guhemba icyiciro cya 20 no kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 iyo gahunda imaze ishyirwa mu bikorwa.

Mushikiwabo waganirije abana b’abakobwa n’abayobozi batandukanye bitabiriye iki gikorwa, yagaragaje ko yagiye kwiga muri Amerika yandikiwe na minisitiri ko atemerewe kuva mu gihugu.

Yavuze ko yize amashuri abanza muri Ecole Primaire St Alex, ishuri ryari riherereye i Kabuye, ayisumbuye ayakomereza muri Notre Dames d’Afrique ku Nyundo mu ishuri ryigishaga siyansi.

Urukundo rw’indimi yari afite rwatumye ajya kwiga indimi muri Kaminuza y’u Rwanda i Nyakinama aho yize Icyongereza ariko nyuma ajya kwiga muri Amerika ahigira ururimi rw’Igifaransa.

Yagaragaje ko Igifaransa yakize kuko Kaminuza yari ikeneye abantu bavuga Igifaransa kandi ari bo bari bagombaga guhabwa buruse.

Aho ni ho yize icyiciro cya gatatu cya Kaminuza muri Delaware University muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aza kwiga n’ibijyanye no gusemura mu Gifaransa n’Icyongereza binatuma Kaminuza imuha akazi k’ikiraka muri Laboratwari y’indimi yigisha abanyeshuri Igifaransa.

Muri iyo Kaminuza yayigiyemo afite imyaka 23. Ni ubuzima bwabanje kumutonda cyane ariko ngo byamusabye kwimenyereza ibintu bishya bituma abasha kwitwara neza.

Yagaragaje ko ajya kwiga muri Leta zunze Ubumwe za Amerika byabaye ikibazo gikomeye kugeza ubwo minisitiri amwandikira amubuza kujya mu mahanga ariko we akabirengaho.

Ati “Nagiye kwiga muri Amerika mfite ibaruwa ya minisitiri imbwira ngo mukobwa ubujijwe kujya mu mahanga, ntuve hano. Mfata ya baruwa nandikiwe na minisitiri ndetse nanayifashe mu mutwe, umunsi wo kujya kwiga nyishyira mu mufuka ndagenda.”

Yakomeje ati “Naje no kuba Minisitiri njya gufungura Ambasade nshya y’u Rwanda i Nairobi wa mu minisitiri wanyandikiye ngo ubujijwe kujya kwiga mu mahanga, nza guhura na we njya kumusuhuza, ndamuramutsa ariko twaramukanya nkabona aratitira.”

Impanuro ze ku bakiri bato

Minisitiri Mushikiwabo yagaragarije Inkubito z’Icyeza ko ingufu umuntu ku giti cye ashyira mu byo ashaka kugeraho zimufasha kugera ku ntego yifuza.

Yabasabye kandi kugira uruhare mu gukora amahitamo mazima kuko iyo umuntu akiri muto, usanga afite ibintu byinshi yirukaho.

Ati “Ni ngombwa guhitamo kuko nyuma biragukurikirana iyo ugeze mu myaka yo hejuru bituma ubasha no guhitamo.”

Yasabye kandi guharanira kugira indangagaciro ziranga Abanyarwanda bakabifata nk’umutimanama wabo aho bajya hose.

Yabasabye kwirinda gufata imico iyo ari yo yose babonye ahubwo bagaharanira kugira umwihariko n’ikibatandukanya n’abandi.

Ati “Iyo ubuze indangagaciro biragukurikirana. Iyo ndangagaciro yawe ni rwo rutirigongo rwawe…uri uyu ariko urashaka kuba n’uriya, bishobora kukuvuna bigatuma ubabara mu mugongo. Indangagaciro yacu nk’Abanyarwanda kuri iki gihe n’amateka yacu, birashimishije kuba Umunyarwanda uyu munsi.”

Yabasabye kandi kumvira ababyeyi no guha agaciro impanuro babaha umunsi ku wundi kuko ziba zigamije kubategurira ejo hazaza heza.

Yashimye Imbuto Foundation ku mahirwe akomeye yo gushyigikira uburezi bw’abana b’abakobwa no kubaremamo icyizere.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Burusiya bwaburijemo ibitero bya drones zirenga 100 byari bigamije kuburimbura
Next Article 2030 ntamuntu uzongera gupfa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

U Burusiya bwagabye ibitero bya drones zirenga 250 muri Kyiv
May 24, 2025
Minisiteri y’Uburezi na Siporo muri Uganda yakuyeho ibirori bihanitse mu mashuri
May 24, 2025
Mukandutiye Angeline yakatiwe igifungo cya burundu kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
May 24, 2025
Ingabo za Ukraine zirwanira mu Kirere zatangaje ko u Burusiya bwagabye ibitero bya drones 250 n’ibisasu bya misile karabutaka birenga 14 
May 24, 2025
Umutoza wa Kiyovu Sports Malick Wade yahagaritswe nyuma yo kumushinja imyitwarire mibi irimo no guta akazi
May 24, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Uzabakiriho w’i Gicumbi arakataje mu korora amasazi

Ni uwitwa Uzabakiriho Alphonse utuye mu Karere ka Gicumbi uvuga ko yiyemeje korora amasazi y’umukara, ndetse akaba afite inzozi zo…

3 Min Read
AMAKURUPOLITIKEUTUNTU N' UTUNDI

Dore Abaperezida 5 batsinzwe amatora bashaka kwiyongeza indi manda

Ibihugu bitandukanye ku isi bigira igihe manda y’umukuru w’igihugu Imara ayoboye, yarangira hakaba andi matora y’umukuru w’igihugu hakaba ubwo uwariho…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

M23 yakoze amateka ifata uduce turindwi icyarimwe idahanganye

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wakoze amateka adasanzwe, ufata uduce…

2 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Diamond ashaka kurongora umugore wo muri Nigeria

Nyuma yuko Dimond atashye ubukwe bwa Juma Jux n'umugore we wo muri Nigeria Priscilla ndetse Abanya-Nigera bakamwakira neza, yaje kuvuga…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?