igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Donald Trump yavuze ko atazi igihugu cya Congo
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Donald Trump yavuze ko atazi igihugu cya Congo
AMAKURUPOLITIKE

Perezida Donald Trump yavuze ko atazi igihugu cya Congo

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: April 23, 2025 11:55 am
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Perezida Donald Trump yakoze mu jisho Abanyekongo atangaza ko atazi icyo Congo ari cyo usibye kuba yumva ko abantu benshi bahava binjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibi Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere ushize agaruka ku bibazo by’abimukira mu kiganiro yagiranaga na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni uri mu ruzinduko muri Amerika.

Mu nama yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni, Perezida wa Amerika yavuze ko umubare munini w’abimukira bava muri Congo bajya muri Amerika.

Yavuze ko ibihugu byafunguye abagizi ba nabi bava muri byo bakabohereza muri AmerikaTrump yagize ati: ” Urabizi bafunguye amagereza Giorgia, ku Isi hose, barabarekuye, atari muri Amerika y’Epfo gusa, ku Isi yose, Congo na Afurika, abantu benshi, benshi baturuka muri Congo, sinzi icyo ari cyo ariko baturutse muri Congo…”

I Kinshasa, aho abaturage bugarijwe n’ibibazo byinshi by’ubukungu, aya magambo ya Trump yongeye kubakorogoshora mu gihe iki gihugu gishaka guha amabuye y’agaciro Amerika na yo ikagifasha kugarura umutekano mu burasirazuba bwacyo bwashegeshwe n’intambara.

Jonathan Bawolo, utuye mu murwa mukuru, avugana na Africanews yagize ati: “Igihugu cyacu, Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ni igihugu cyiza kiri hagati mu mugabane wa Afurika. Turi igihugu gikize cyane ku buryo tutikunda, kandi ntidutoteza abanyamahanga mu mihanda ngo tubasabe ibyangombwa byabo.” Kuri we, aya magambo ya Trump agaragaza ukuntu DRC ikunze gufatwa, akenshi igereranywa n’ubukene n’amakimbirane, ariko ngo bikaba biri kure y’ukuri kwa buri munsi kw’Abanyekongo benshi.

Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nubwo ifite ibibazo by’ubukungu na politiki, ni kimwe mu bihugu bikungahaye cyane ku Isi mu bijyanye n’umutungo kamere.

Amabuye y’agaciro nka Cobalt, cooper na lithium ni ingenzi ku nganda zo ku Isi, cyane cyane iz’ikoranabuhanga n’ingufu. Nyamara, imicungire mibi y’uyu mutungo ituma Abanyekongo bakomeza kuba mu bukene bukabije.

Amagambo ya Trump ntabwo atandukanye cyane n’ayo akunze gutanga kuri Afurika. Muri Werurwe umwaka ushize, nabwo yavuze ko Lesotho ari igihugu kitazwi, anenga imfashanyo Amerika yohereza mu bihugu nk’ibyo.

Trump ndetse yigeze gutangaza ku mugaragaro ko umuperezida rukumbi yemera muri Afurika ari Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, wenyine kuko ari we wakoreye igihugu cye ibintu bigaragara.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article DRC: Umunyamakurukazi w’Umurundi yafunzwe azira kuba afite aho ahuriye na RED-TABARA
Next Article Umunyarwandakazi Isimbi Noeline ukina filime z’ubusambanyi yiyamye ababimunengera
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Nigeria: Abahinzi n’abarobyi 23 bapfuye abandi bashimutwa mu gitero cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba
May 18, 2025
Abafana ba Rayon Sports biyambaje Umukuru w’Igihugu nyuma y’imvururu zabaye
May 18, 2025
”Ntacyo umusifuzi yakoze kitari cyo” – Perezida wa Bugesera FC
May 18, 2025
Trump agiye kugirana ikiganiro na Putin kuri telefone
May 18, 2025
Ubwato bw’igisirikare cya Mexique bwagonze ikiraro i New York hapfa abantu babiri
May 18, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Huye: inzu ebyiri z’ubucuruzi zahiye zirakongoka burundu

Inzu ebyiri ziherereye mu cyarabu mu mujyi wa Huye zibasiriewe bikomeye n'umuriro zirakongoka bitewe na sirikwe y'amashanyarazi. Ibi byabaye ahagana…

2 Min Read
AMAKURUIKORANABUHANGA

“Monetization” ku bakoresha You Tube bari mu Rwanda, ishobora kwemerwa

Ubusanze nta masezerano igihugu cy’u Rwanda gifitanye na Google ku buryo abakoresha urubuga rwa You Tube mu Rwanda bagera ku…

2 Min Read
AMAKURU

Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo Joseph Kabila Kabange basabye ingabo z’amahanga n’abacanshuro bari ku butaka bwacyo gutaha

Ni ubusabe Kabila ahuriyeho n’abarimo Moise Katumbi Chapwe kuba Guverineri w’Intara ya Katanga, Martin Fayulu na Delly Sesanga. Ubusabe bw’aba…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Pakistan yahaye gasopo Ubuhinde yemeza ko igiye gusenya imijyi yabwo ikomeye

Ingabo za Pakistan zavuze ko zashyize imijyi myinshi yo mu Buhindi mu gipimo. Bivuze ko niba u Buhindi butekereje kugaba…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?