igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Ndayishimiye Yashinje u Rwanda Gufasha General Niyombare Gutera u Burundi
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Ndayishimiye Yashinje u Rwanda Gufasha General Niyombare Gutera u Burundi
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Perezida Ndayishimiye Yashinje u Rwanda Gufasha General Niyombare Gutera u Burundi

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: March 31, 2025 8:37 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu cy’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko General Godfroid Niyombare ategura igitero ku Burundi afashijwe n’igihugu cy’u Rwanda. Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye na BBC, aho yasubizaga ibibazo bijyanye n’ibibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri icyo kiganiro, Perezida Ndayishimiye yavuze ko ubwo igitero kizaba kigabwe ku gihugu cye, amahanga azakeka ko ari Abarundi bagabye igitero, nyamara ari u Rwanda ruzaba rubigizemo uruhare rufatika. Yavuze ko u Rwanda ruzitwaza izina rya General Niyombare, akaba ari rwo ruzaba ruri inyuma y’icyo gikorwa.

Perezida Ndayishimiye yagaragaje ko mu gihe u Rwanda rwakora ibyo abashinja, Abarundi bose bazahaguruka bakarwanya icyo gihugu bivuye inyuma. Yanavuze ko u Rwanda rwari rukwiye gutanga abarwanyi ba Red-Tabara rucumbikiye, kugira ngo bashyikirizwe ubutabera.

Gusa, u Rwanda rwagiye ruhakana inshuro nyinshi ibyo rushinjwa, ruvuga ko nta mutwe urwanya u Burundi rufasha cyangwa rucumbikiye, ndetse ko nta nyungu rubifitemo. Ahubwo, u Rwanda rushinja u Burundi gukorana n’umutwe wa FDLR, urimo bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku rundi ruhande, umutwe wa Red-Tabara nawo uherutse kwamagana ibyo ushinjwa na Leta y’u Burundi, uvuga ko nta bufasha uhabwa n’u Rwanda.

Perezida Ndayishimiye asoza avuga ko niba u Rwanda rwifuza kuzahura umubano w’ibihugu byombi, rugomba kubahiriza ibyo u Burundi busaba, nko kudafasha uwo mutwe. Yongeraho ko u Burundi na bwo bwiteguye kubahiriza ibyo u Rwanda rubusaba, birimo kutagirana umubano na FDLR.

General Godfroid Niyombare, ushinjwa gutegura igitero kuri Leta y’u Burundi, ni we wayoboye igikorwa cyo kugerageza guhirika Perezida Pierre Nkurunziza mu mwaka wa 2015, igikorwa kitageze ku ntego. Nyuma yaho, we n’abamushyigikiye bahungiye hanze y’igihugu, aho bivugwa ko yaba yarahungiye mu Rwanda.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article LETA YA UGANDA IGIHE GUHAGARIKA URUBUGA RWA TIKTOK
Next Article Sosiyete y’Ubushinwa yamaganye ibitero bagabweho n’ingabo za leta ya Congo FARDC
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Uganda: Polisi yafunze Umukecuru ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwuzukuru we w’imyaka 6
May 19, 2025
Putin yagaragaje ikifuzo k’igihugu cye mu biganiro by’amahoro
May 19, 2025
Joe Biden yasanzwemo indwara ikomeye ishobora no kumuhitana
May 18, 2025
Human Resources Manager in Shagasha Tea Company | Deadline 25-05-2025
May 18, 2025
Store Keeper in Nyandungu Eco Park | Deadline 20-05-2025
May 18, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Inyeshyamba za M23 zatangiye kubaka umuhanda mushya uhuza santere ya Masisi n’umujyi wa Sake

Ihuriro ry’inyeshyamba za AFC/M23, rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryatangaje ko ryatangiye igikorwa cyo kubaka umuhanda…

3 Min Read
AMAKURU

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi yarahiye ko atazigera agurisha umutungo wa RDC

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yiyamye abamushinje umugambi wo kugurisha Leta Zunze Ubumwe za Amerika umutungo…

2 Min Read
AMAKURU

Abapolisi 833 Barangije Amahugurwa yo Kurwanya Iterabwoba i Mayange

Ku wa Gatanu tariki ya 16 Gicurasi 2025, Polisi y’u Rwanda yashimye intambwe yatewe n’abapolisi 833 barangije icyiciro cya kabiri…

1 Min Read
AMAKURU

Ikipe y’Arsenal FC yifatanyije n’u Rwanda Kwibuka 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ikipe y'umupira w'amaguru Arsenal FC yifatanyije n’Abanyarwanda mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?