igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Robertinho yatanze ikirego arega Rayon Sports nyuma yo guhagarikwa
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > IMIKINO > Robertinho yatanze ikirego arega Rayon Sports nyuma yo guhagarikwa
IMIKINO

Robertinho yatanze ikirego arega Rayon Sports nyuma yo guhagarikwa

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 14, 2025 2:08 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Nyuma y’amezi yari amaze atoza ikipe ya Rayon Sports, Umutoza w’Umunya-Brésil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo, uzwi cyane nka Robertinho, yahisemo kwitabaza Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), arega iyi kipe ayishinja kutubahiriza amasezerano y’akazi.

Iki kirego cyatanzwe nyuma y’uko ku wa 14 Mata 2025, Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwamuhagaritse ku mirimo ye y’ubutoza, hamwe n’Umutoza w’Abanyezamu Mazimpaka André, impamvu y’ingenzi yatangajwe icyo gihe ikaba yari umusaruro muke w’ikipe.

Nyuma y’aho, habaye impaka ndende ku by’ukuri kw’ihagarikwa rye, aho Rayon Sports yatangaje ko yahagaritse Robertinho kubera uburwayi bw’amaso. Gusa we ntiyigeze yemeranya n’iyi mpamvu, ayita urwitwazo rw’ugushaka kumwirukana ku buryo bunyuranyije n’amategeko.

Nk’uko amakuru abivuga, Robertinho yamaze gutanga ikirego muri Komisiyo Ishinzwe Gukemura Amakimbirane muri FERWAFA, aho asaba ko Rayon Sports yamwishyura amafaranga angana na 20,000$ (agera hafi kuri miliyoni 25 Frw), avuga ko ari ibirarane by’amezi ane atigeze ahemberwa.

Uyu mutoza, wabaye icyamamare mu mupira w’amaguru muri Brazil mbere yo kuba umutoza, ashimangira ko yafashwe nabi n’ubuyobozi bwa Rayon Sports, bukamwirukana butamugiriye inama cyangwa ngo buhitemo inzira y’ubwumvikane.

Nubwo iyi kipe itozwa na Robertinho yahagaritse amasezerano ye, iracyari ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho ifite amanota 59. Itegerejwe gusura Bugesera FC ku wa 17 Gicurasi 2025, mu mukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Rayon Sports ntiburagira icyo butangaza ku by’iki kirego, cyangwa niba hari gahunda yo kumvikana n’uyu mutoza mbere y’uko Komisiyo ibifataho umwanzuro.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Abantu 14 bakomerekeye mu mpanuka ya tagisi minibisi yarenze umuhanda
Next Article Dore Abanyarwanda babiri bonyine ni bo Davido akurikirana kuri Instagram
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Manchester United ikoze ibyananiye Real Madrid

Mu mikino ya UEFA Europa League muri imwe cya kane k'irangiza ikipe ya Manchester United isezereye bigoranye ikipe ya Olympique…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Rudiger wari ku gatebe k’abasimbura Gushyuha mu mutwe bimuhesheje Ikarita itukura

Nyuma yo gutsindwa igitego cya 3 mu minota ya nyuma y'inyongera Extra Time, A ntonio Rudiger Hagurutse ku gatebe k'abasimbura…

1 Min Read
IMIKINO

”Rayon sport ishobora gutera mpaga Mukura” icyo amategeko abivugaho

Nyuma y'uko umukino uhagaritswe biturutse ku kuba amatara yazimye ni iki amategeko avuga kuri iki kibazo Umukino wa kimwe cya…

1 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Ikipe ya APR WVC yifatanyije n’umuryango nyarwanda muri Nigeria #kwibuka31

Ikipe ikina umukino w’amaboko (volleyball) ya APR WVC, abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba muri Nigeria bifatanyije mu bikorwa byo Kwibuka…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?