igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ubushinwa bwarahiriye kurwana na Amerika intambara y’ubucuruzi kugeza ku mwuka wa nyuma
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Ubushinwa bwarahiriye kurwana na Amerika intambara y’ubucuruzi kugeza ku mwuka wa nyuma
AMAKURU

Ubushinwa bwarahiriye kurwana na Amerika intambara y’ubucuruzi kugeza ku mwuka wa nyuma

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 8, 2025 5:33 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Leta y’u Bushinwa yatangaje ko idateze gukuraho umusoro wa 34% yashyize ku bicuruzwa bituruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nubwo Perezida Donald Trump yagerageje kuyitera ubwoba.

Uyu musoro washyizweho mu cyumweru gishize nk’igikorwa cyo kwihimura ku cyemezo cya Perezida Trump, wari na we washyiriyeho u Bushinwa umusoro wa 34% ku bicuruzwa byabwo.

Mu butumwa Perezida Trump yanyujije ku rubuga rwa Truth Social, yihanangirije u Bushinwa ko nibudakuraho uwo musoro, Leta Zunze Ubumwe za Amerika izabushyiriraho undi musoro munini wa 50% kuva tariki ya 9 Mata 2025.

Yagize ati: “Niba u Bushinwa budakuyeho 34% y’umusoro wongeweho nk’igisubizo ku bikorwa bubi byabwo mu bukungu bimaze igihe kirekire, ku wa 8 Mata 2025, Amerika izabushyiriraho undi musoro wa 50% uzatangira gukurikizwa ku wa 9.”

Minisiteri y’Ubucuruzi y’u Bushinwa yahise isubiza ko iki gihugu kigiye gufata ingamba zikomeye zo kurengera inyungu n’uburenganzira bwacyo mu rwego rw’ubucuruzi.

Mu itangazo yasohoye yagize iti: “Guhagarika no gukangisha u Bushinwa binyuze mu kuzamura imisoro ni icyemezo kibi cya Amerika, kigaragaza iterabwoba rishingiye ku nyungu zayo bwite. U Bushinwa ntibuzemera ubwo buryo, kandi buzarwana kugeza ku ndunduro niba Amerika ikomeje inzira yayo y’ubuyobe.”

Urwego rwa Amerika rushinzwe ubucuruzi rugaragaza ko mu mwaka wa 2024, u Bushinwa bwohereje muri Amerika ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 438,9 by’Amadolari ya Amerika, bingana n’izamuka rya 2,8% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Ibi byose byerekana ko umubano w’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi urushaho kujya mu nzira itari nziza, bikaba bishobora kugira ingaruka ku bukungu mpuzamahanga.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umuhanzi Rugamba Sipiriyani wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yari muntu ki?
Next Article Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Meddy agiye guhurira n’Abanyarwanda bo muri Amerika mu gitaramo cya Rwanda Convention USA 2025
June 1, 2025
Perezida Kagame yashimiye PSG yegukanye igikombe cya Champions League
June 1, 2025
Ingabo z’u Rwanda zashyikirije abaturage b’i Macomia isoko rishya mu rwego rwo gufasha kuzahura ubukungu
June 1, 2025
Inzaghi ashobora kuva muri Inter nyuma yo gutsindwa na PSG
June 1, 2025
“Urushyi rwa Brigitte Macron si urwacu, kandi umugore iyo abikoze aba afite impamvu” Amagambo y’umuvugizi wa leta y’Uburusiya
June 1, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Abakoresha MTN Rwanda bari kubyinira ku rukoma

Sosiyete y’Itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda, yamuritse ‘pack’ nshya yiswe ‘DESA DE’ yitezweho gufasha abakunda kuvugira kuri telefone kuko itanga…

2 Min Read
Umukobwa w’imyaka 17 wakoraga akazi ko mu rugo yiyahuye nyuma yo kubengwa n’umumotari yahaye amafaranga
AMAKURUUBUZIMA

Umukobwa w’imyaka 17 wakoraga akazi ko mu rugo yiyahuye nyuma yo kubengwa n’umumotari yahaye amafaranga

Umukobwa w’imyaka 17 wakoraga akazi ko mu rugo yapfuye bitunguranye aho bikekwa ko yiyahuye. Ibi byabaye mu ijoro ku wa…

1 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Perezida wa Rayon Sports yavuze ko gutwara igikombe bitagishobotse

Twagirayezu Thaddée, Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko batagitwaye Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda nyuma yo guhanwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAUBUKUNGU

“Nta we ushobora gutsinda iyi ntambara yo kuzamura imisoro ikivamo ni ugusigara mu kato.” – Xi Jinping yaburiye Amerika

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, aburira Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitagoheka mu kuzamura imisoro ku bicuruzwa bituruka mu bihugu…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?