igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ubushinwa bwarahiriye kurwana na Amerika intambara y’ubucuruzi kugeza ku mwuka wa nyuma
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Ubushinwa bwarahiriye kurwana na Amerika intambara y’ubucuruzi kugeza ku mwuka wa nyuma
AMAKURU

Ubushinwa bwarahiriye kurwana na Amerika intambara y’ubucuruzi kugeza ku mwuka wa nyuma

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 8, 2025 5:33 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Leta y’u Bushinwa yatangaje ko idateze gukuraho umusoro wa 34% yashyize ku bicuruzwa bituruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nubwo Perezida Donald Trump yagerageje kuyitera ubwoba.

Uyu musoro washyizweho mu cyumweru gishize nk’igikorwa cyo kwihimura ku cyemezo cya Perezida Trump, wari na we washyiriyeho u Bushinwa umusoro wa 34% ku bicuruzwa byabwo.

Mu butumwa Perezida Trump yanyujije ku rubuga rwa Truth Social, yihanangirije u Bushinwa ko nibudakuraho uwo musoro, Leta Zunze Ubumwe za Amerika izabushyiriraho undi musoro munini wa 50% kuva tariki ya 9 Mata 2025.

Yagize ati: “Niba u Bushinwa budakuyeho 34% y’umusoro wongeweho nk’igisubizo ku bikorwa bubi byabwo mu bukungu bimaze igihe kirekire, ku wa 8 Mata 2025, Amerika izabushyiriraho undi musoro wa 50% uzatangira gukurikizwa ku wa 9.”

Minisiteri y’Ubucuruzi y’u Bushinwa yahise isubiza ko iki gihugu kigiye gufata ingamba zikomeye zo kurengera inyungu n’uburenganzira bwacyo mu rwego rw’ubucuruzi.

Mu itangazo yasohoye yagize iti: “Guhagarika no gukangisha u Bushinwa binyuze mu kuzamura imisoro ni icyemezo kibi cya Amerika, kigaragaza iterabwoba rishingiye ku nyungu zayo bwite. U Bushinwa ntibuzemera ubwo buryo, kandi buzarwana kugeza ku ndunduro niba Amerika ikomeje inzira yayo y’ubuyobe.”

Urwego rwa Amerika rushinzwe ubucuruzi rugaragaza ko mu mwaka wa 2024, u Bushinwa bwohereje muri Amerika ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 438,9 by’Amadolari ya Amerika, bingana n’izamuka rya 2,8% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Ibi byose byerekana ko umubano w’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi urushaho kujya mu nzira itari nziza, bikaba bishobora kugira ingaruka ku bukungu mpuzamahanga.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umuhanzi Rugamba Sipiriyani wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yari muntu ki?
Next Article Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Muhanga: Umusore wimyaka 19 birakekwa ko yiyahuye nyuma yo gusangwa mu kiziriko
May 18, 2025
Ikibazo cya Rayon minisiteri igiye kugihagurukira
May 18, 2025
Perezida w’Afurika y’Epfo agiye kuganira na Trump wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika
May 18, 2025
FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Arsenal: amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma muri #UCL ari kuyoyoka

Ikipe ya Arsenal inaniwe gusigasira amanota atatu ku kibuga cyayo itsindwa na Paris Saint Germain igitego kimwe ku busa bityo…

1 Min Read
AMAKURU

Abantu 14 bakomerekeye mu mpanuka ya tagisi minibisi yarenze umuhanda

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri, tariki ya 13 Gicurasi 2025, habaye impanuka y’imodoka yabereye mu Murenge wa Mururu, Akarere…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Itora rya 1 ryasize Papa mushya atabonetse

Amatora y'Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika ku Isi, usimbura Papa Francis, yabaye kuri uyu wa Gatatu, Taliki 07 Gicurasi, asize…

1 Min Read
AMAKURU

RDC: Urubanza rw’Umusirikare wa FARDC Uregwa Kurasa Abantu mu Rusengero Rwasubitswe

Urukiko rwa gisirikare rwa Kitona, ruherereye mu ntara ya Moanda, rwasubitse urubanza ruregwamo umusirikare Médard Katonzi wo mu ngabo zirwanira…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?