Umushinjacyaha Mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC yeguye by’agateganyo

Umushinjacyaha Mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa ICC, Karim Khan, yeguye by’agateganyo kuri uyu wa 16 Gicurasi 2025, mu gihe akomeje gukorwaho iperereza ku cyaha cyo guhatira umugore kuryamana na we.

ICC yagize iti “Umushinjacyaha yatangaje icyemezo cyo kuba yeguye kugeza igihe iperereza rizarangirira.”

Umugore ukorera ICC mu mwaka ushize yamenyesheje ishami ry’uru rukiko rushinzwe gukurikirana imyitwarire y’abakozi barwo ko ubwo yari mu cyumba cya hoteli i New York mu Ukuboza 2023, Khan yinjiyemo ku gahato, amukoresha imibonano mpuzabitsina.

Yasobanuye kandi ko Khan yamukoreye iki cyaha ubwo bari mu kazi muri Colombia, Congo, Tchad, mu Bufaransa ndetse n’i La Haye mu Buholandi.

Abanyamategeko b’uyu mushinjacyaha bagaragaje ko ibi birego bigamije kumuharabika nyuma y’aho asohoye impapuro zo guta muri yombi abayobozi bo muri Israel barimo Minisitiri w’Intebe, Benjamin Netanyahu, abashinja uruhare mu byaha byakorewe mu ntara ya Gaza muri Palestine.

Gusa ariko, byamenyekanye ko uyu mugore yasabye urwego rwa ICC rushinzwe imyitwarire y’abakozi ko rwakurikirana iyi dosiye habura ibyumweru bibiri ngo Khan asohore impapuro zo guta muri yombi abayobozi bo muri Israel.

Khan ni Umushinjacyaha Mukuru wa ICC kuva mu 2021. Mu gihe agikorwaho iperereza, inshingano ze zizaba zikorwa n’abashinjacyaha babiri bamwungirije.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version