igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umwana washyinguwe yongeye kuboneka ari muzima nyuma y’umwaka wose urenga
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umwana washyinguwe yongeye kuboneka ari muzima nyuma y’umwaka wose urenga
AMAKURU

Umwana washyinguwe yongeye kuboneka ari muzima nyuma y’umwaka wose urenga

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: April 28, 2025 8:51 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Muri Kenya, mu gace kitwa Tans Nzoia, umuryango watunguwe no kubona umwana wabo w’imyaka 10 witwa John Wanjala, agarutse ari muzima nyuma y’uko yari amaze igihe kirenga umwaka yaraburiwe irengero, ndetse bakaba barashyinguye umurambo bazi ko ari uwe.

Uwo mwana ngo yari yarabuze guhera muri Mutarama 2024, nyuma aza kuboneka ari muzima, mu gihe hari hashize amezi macyeya bashyinguye umurambo byatekerezwaga ko ari uwe.Ikinyamakuru Tuko cyandikirwa aho Kenya, cyatangaje ko mu kiganiro cyagiranye n’ababyeyi b’uwo mwana wari warabuze, ari bo Benson na Susan Wanjala, bavuze ko umwana wabo akimara kubura, batanze amatangazo kuri polisi ko babuze umuntu, ariko ibikorwa byo gushakisha byinshi byakozwe ngo nta musaruro byatanze.

Nyuma yo kunanirwa babona uwo mwana wabo atakibonetse, bicaye mu rugo baraheba, ariko hashize amezi abiri bahagaritse ibyo bikorwa byo gushakisha, bumvise inkuru y’umurambo w’umwana uri mu kigero cy’imyaka 10, wabonetse mu mugezi wa Nzoia, ariko uboneka waramaze kubora no kwangizwa n’amazi cyane, ku buryo byari bigoye kumenya niba ari umwana wabo koko cyangwa se niba ari undi.

Nyuma umuryango wiyemeza kujya kureba uwo murambo aho wari washyizwe mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kitale, abagize umuryango benshi bemeza ko ari uwa John Wanjala, ariko nyina we ngo yakomeje kwigiramo gushidikanya.

Uwo mubyeyi yagize ati “Kuva ngikubita amaso uwo murambo, hari ikintu numvaga mu mutima kimbwira ko atari uw’umwana wanjye John.

No mu gihe twari tugeze ku buruhukiro bw’ibitaro, umutima wambwiraga ko umwana wanjye akiriho kandi ari muzima.

Abandi bavandimwe banjye bo bahamyaga rwose ko uwo murambo ari uw’umwana wanjye”.Atitaye kuri uko gushidikanye k’umugore we, Benson Wanjala, yafashe icyemezo nk’umugabo, yiyemeza gufata uwo murambo wari waraboze bajya kuwushyingura muri Kamena 2024.Benson Wanjala yagize ati “Nubwo umugore wanjye yari yabyanze, narihanganye turashyingura kuko umubabaro wari mwinshi kuri twe”.

Na nyuma yo gushyingura uwo murambo, Susan we ngo yanze gukurayo agatima burundu, kuko ngo yajya yumva umwana we azamubona kandi ari muzima, icyo kintu kigahora kiza mu mutima we.

Tariki 22 Mata 2025, nibwo ikigo cy’abana b’imfubyi cya ‘Precious Kids’ giherereye ahitwa Kiminini, cyamenyesheje abayobozi b’ahitwa Bonde-Trans Nzoia, kuko uwo mwana ngo yari yavuze ko ari ho akomoka.Umuryango wa Wanjala, wahise umenyeshwa ayo makuru batangira gukurikirana. Nyina w’uwo mwana ngo yavugije induru nyinshi abonye ifoto y’umwana we iturutse muri icyo kigo cy’imfubyi, yemeza ko ari umwana we koko.

Ako kanya umuryango wahise ujya kumuzana, bamujyana mu rugo babona ngo ameze nk’uko umwana w’ikirara wo muri Bibiliya, nk’uko byavuzwe na nyina warimo arira kubera ibyishimo.

Gusa, uwo muryango wahise usaba urukiko kongera gutaburura wa murambo bari barashyinguye bibeshya ko ari uw’umwana wabo, kugira ngo uzakorerwe ibizamini by’isuzuma bya DNA.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy yishimiye umwana w’umuhungu yibarutse we n’umugore we
Next Article Dore uturere twavutsemo abana benshi mu 2024
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Manchester United ikoze ibyananiye Real Madrid

Mu mikino ya UEFA Europa League muri imwe cya kane k'irangiza ikipe ya Manchester United isezereye bigoranye ikipe ya Olympique…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ubwoba bwatashye i Uvira nyuma y’amakuru y’uko hari abarwanyi bagiye kuyifata

Mu mujyi wa Uvira no mu bice bihaturiye, abaturage bari mu bwoba bukabije nyuma y’uko havuzwe amakuru y’uko abarwanyi bo…

4 Min Read
AMAKURU

Tanzania: Polisi yataye muri yombi abayobozi bakomeye bari bagiye mu rubanza rwa Tundu Lissu

Kuri uyu wa Kane, Abapolisi bo muri Tanzaniya bafunze abantu babiri bakuru mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ubwo bari mu modoka…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Inyeshyamba za M23 na Wazalendo bari kurwanira ku kibuga cy’indege cya Kavumu

Kuri ubu mu mijyi ya Kavumu, Katana na Lwiro yo mu karere ka Kabare mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, inyeshyamba…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?