igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Iby’ingenzi wamenya kuri Papa mushya (Leo XIV)
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Iby’ingenzi wamenya kuri Papa mushya (Leo XIV)
AMAKURUMU MAHANGA

Iby’ingenzi wamenya kuri Papa mushya (Leo XIV)

NSHUTIYIMANA Cyprien
Last updated: May 9, 2025 12:06 am
NSHUTIYIMANA Cyprien
Share
SHARE

Karidinali Robert Francis Prevost wo muri Amerika yatorewe kuba papa wa 267 Nyuma y’amatora y’abakaridinali yabaye inshuro 3 zose asise Kiliziya gaturkika ku isi ifite Papa leo XIV.

Karidinali Prevost, afite imyaka 69, kuko yavutse 14 nzeri 1955 akaba akomoka mugi wa chicago, muri leta ya Illinois, ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika ni papa wa mbere ukomoka aha. Izina ry’ubushumba ubu ni papa wa Leo XIV.

Mu byo yakoze harimo kuba yarabaye umumisiyonari muri Amerika y’Epfo kandi yaherukaga kuba umuyobozi w’ibiro by’iyogezabutumwa bya Vatikani. Mu mirimo azakora azashingira ku mavugurura Papa Fransis yasize mbere yo kwitaba Imana.

Yakoze imyaka icumi i Trujillo, muri Peru, nyuma aza kugirwa umwepiskopi wa Chiclayo, undi mujyi wa Peru, aho yakoreye kuva 2014 kugeza 2023. Prevost ifite kandi pasiporo ya Peru ndetse yabaye umuturage wa Peru kuva mu 2015.

Mu kiganiro na Vatikani News nyuma gato yo kuba umuyobozi wa Dicasteri y’Abepiskopi, Prevost yagize ati: “Ndacyibwira ko ndi umumisiyoneli. Umuhamagaro wanjye, kimwe n’uw’umukristo wese, ugomba kuba ubumisiyoneli, kwamamaza Ubutumwa bwiza aho umuntu ari hose.”

Kuri ubu idimi abasaha kuvuga neza ku buryo azikoresha mu iyogezabutumwa ni Icyongereza, Icyesipanyolo, Igitaliyani, Igifaransa, n’Igiporutugali, gusa ashobora gusoma byonyine Ikilatini n’Ikidage.

Kuri uyu mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 08 Gicurasi 2025, i Vatican hejuru ya Chapele ya Sistine hazamutse umwotsi w’umweru, bivuze ko Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi yabonetse.

Karidinali Protodeacon Dominique Mamberti, niwe watangaje ko Papa mushya yabonetse.

Yagize ati: “N’umunezero mwinshi ndabamenyesha ko dufite Papa. Nyiricyubahiro Nyagasani Robert Francis Karidinali w’Itorero ryera wafashe izina Leo XIV.”

Papa abonetse nyuma y’uko amatora y’ejo ku wa 07 Gicurasi no mu gitondo cy’uyu wa kane hazamautse umwotsi w’umukara, usobanuye ko yari ataraboneka.

Papa Leo XIV asimbuye Papa Francis witabye Imana ku wa 21 Mata 2025 azize indwara z’ubuhumekero yari amarenye iminsi.

Pope Leo XIV appears on the balcony of St. Peter’s Basilica to greet the faithful for the first time as the 267th Pope. pic.twitter.com/tsA1a0XSOM

— Vatican News (@VaticanNews) May 8, 2025

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Rutsiro: Umurambo w’umugabo w’imyaka 30 wasanzwe iruhande rw’akabari
Next Article EUROPA LEAGUE: Manchester United igeze ku mukino wa nyuma inanyagiye Athletic Club
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Dore ba Papa 5 bayoboye igihe kinini mu mateka ya Kiliziya Gaturika
May 9, 2025
EUROPA LEAGUE: Manchester United igeze ku mukino wa nyuma inanyagiye Athletic Club
May 9, 2025
Iby’ingenzi wamenya kuri Papa mushya (Leo XIV)
May 9, 2025
Rutsiro: Umurambo w’umugabo w’imyaka 30 wasanzwe iruhande rw’akabari
May 8, 2025
Cardinal Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa Mushya, Afata Izina rya Leon XIV
May 8, 2025

You Might Also Like

Amerika yakuye telefone, mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga mu byo yazamuriye umusoro.
AMAKURUIKORANABUHANGAMU MAHANGAUBUKUNGU

Ese niki cyatumye Amerika ikura ibikoresho by’ikoranabuhanga ku rutonde rw’ibikoresho byazamuriwe imisoro

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakuye telefone, mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga mu byo ziherutse kuzamurira imisoro. Urwego rwa Amerika rushinzwe…

1 Min Read
AMAKURU

Umugabo waciye mu rihumye abashinzwe kurinda Perezida Museveni yemeye icyaha cyo gushaka ku mwica

Umugabo waciye mu rihumye abashinzwe kurinda Perezida Museveni ashaka kumugabaho igitero ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora yo…

2 Min Read
AMAKURU

Arkiyepiskopi wa Kigali, Antoine Cardinal Kambanda yagaye abagifite ingenga bitekerezo ya jenoside

Cardinal Kambanda yanenze amahanga yishakira inyungu aho kwimakaza ukuri no gukura isomo kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 Hashize imyaka…

2 Min Read
AMAKURU

Imirwano yubuye hagati ya M23 na Wazalendo muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru

Imirwano yongeye kubura ku wa Mbere, itariki ya 5 Gicurasi, mu karere ka Tongo na Kabizo, muri Sheferi ya Bwito,…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?