igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umulinga Alice warusanzwe ari Perezida w’Agateganyo yatorewe kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda kugeza mu 2028
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umulinga Alice warusanzwe ari Perezida w’Agateganyo yatorewe kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda kugeza mu 2028
AMAKURU

Umulinga Alice warusanzwe ari Perezida w’Agateganyo yatorewe kuyobora Komite Olempike y’u Rwanda kugeza mu 2028

IYAKAREMYE FERDINAND
Last updated: May 10, 2025 4:01 pm
IYAKAREMYE FERDINAND
Share
SHARE

Umulinga Alice wari usanzwe ari Perezida w’Agateganyo kuva mu 2023, yatorewe kuba Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda muri manda ya 2025-2028.

Amatora ya Komite Nyobozi nshya ya Komite Olempike y’u Rwanda yabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 10 Gicurasi 2025.

Mu banyamuryango 31 bagize Komite Olempike y’u Rwanda, abatemerewe gutora ni umwe kuko atari afite uruhushya rumwemerera guhagararira ishyirahamwe rye ruriho umukono wa noteli.

Ni mu gihe kandi itora ry’amashyirahamwe akina Imikino Olempike (20) ryari rifite amajwi abiri naho itora ry’amashyirahamwe adakina Imikino Olempike (10) rikagira ijwi rimwe.

Ni amatora atarimo imibare myinshi kuko ku myanya yose yatorewe, hariho umukandida umwe cyangwa abakandida bangana n’imyanya itorerwa mu rwego runaka.

Umulinga Alice watorewe kuba Perezida ku majwi 50 kuri 50, ni umubyeyi w’abana batatu, usanzwe ari umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA).

Mu rwego rwa siporo, yakinnye umukino wa Volleyball mu gihe kirenga imyaka 15 ndetse aracyawukina, aho ari umwe mu bakinira RRA mu mikino y’abakozi. Asanzwe kandi ari Visi Perezida w’Ihuriro rya Komite Olempike zo muri Zone V [ANOCA Zone V].

Ubwo yiyamamazaga, yavuze ko ibintu bine azibandaho muri manda y’imyaka ine iri imbere harimo kwigira no kunoza imikorere ya Komite Olempike aho uru rwego ruzagira ibiro byarwo, bizanakoreramo amashyirahamwe y’imikino ndetse mu gihe ubushobozi bwaboneka hakajyamo n’ibibuga.

Hari kandi ubufatanye mu iterambere rirambye, kongera uruhare rwa siporo mu iterambere ry’Abanyarwanda no kongera imbaraga n’ubufatanye bw’abanyamuryango.

Gakwaya Christian wari Umubitsi, utitabiriye amatora akiyamamaza hakoreshejwe ikoranabuhanga kubera urugendo yagiyemo hanze y’igihugu, yatorewe kuba Visi Perezida wa Mbere na ho Umutoni Salama yongera gutorwa nka Visi Perezida wa Kabiri.

Ni mu gihe Kajangwe Joseph yongeye gutorwa nk’Umunyamabanga Mukuru naho Umubitsi aba Ganza Kevin.

Abajyanama babiri batowe ni Butoyi Jean wo muri AJSPOR y’Abanyamakuru ba Siporo, wari usanzwe kuri uwo mwanya, na Ruyonza Arlette usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY.

Abagenzuzi b’Imari batatu biyamamaje kandi bose bagatorwa ni Mbaraga Alexis uyobora Ishyirahamwe rya Triathlon, Dusingizimana Thierry wo muri Rugby na Bugingo Elvis usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa FERWAKA.

Abakandida batatu biyamamarije kujya mu rwego rwo gukemura amakimbirane kandi bose bagatorwa ni Rwabuhihi Innocent wo muri ARPST, wari usanzwemo, Kagarama Clémentine wo muri FRSS (Sport Scolaire), na we wari usanzwemo ndetse na Nkurunziza Jean Pierre wo muri Federasiyo ya Skating.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Dore impamvu ikomeye yatumye Itorero Grace Room Ministries riyoborwa na Pasiteri Julienne Kabanda rihagarikwa
Next Article Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi bya Loni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye RDC guhagarika imvugo z’urwango
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Gen Muhoozi Kainerugaba yashimye ubufatanye UPDF na RDF bafitanye, mu gihe Gen Mubarakh Muganga yatanze amasomo ya gisirikare muri UPDF
May 11, 2025
Rutsiro: Abantu 14 bakomerekeye mu mpanuka ya Coaster 2 zagonganye
May 11, 2025
Yicaye ku gatebe k’abasimbura NTWARI Fiacre n’Ikipe ye ya Kaizer Chiefs begukanye Nedbank Cup
May 11, 2025
Umuvumo uvuyeho Harry Kane ateruye igikombe cya mbere mu mateka
May 11, 2025
Umwana w’Imyaka 7 Witwa Tumukunde Elia Apfuye Azize Umwuzure mu Murenge wa Gataraga
May 10, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Rutsiro: Abasore babiri bafunzwe bazira ubujura mu gihe mugenzi wabo ariguhigishwa uruhindu kubera gushaka gutema Gitifu

Abasore babiri bo mu Karere ka Rutsiro batawe muri yombi bakekwaho ubujura, mu gihe mugenzi wabo, Sebuhoro Bernard w’imyaka 30…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

UEFA Champions League: Dore Uko imikino ibanza 1/4 irangiye

UEFA Champions League, irushanwa rihuza amakipe yabaye ayambere iwayo ku Mugabane w'Uburayi rigeze aho riryoshye muri 1/4 k'irangiza. Imikino ibanza…

2 Min Read
AMAKURU

Rutsiro: Gitifu w’Umurenge wirukanywe burundu avuga ko yarenganyijwe agasaba kurenganurwa

Akarere ka Rutsiro kirukanye burundu mu kazi uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Manihira, Basabose Alex, kamuziza gukora inshingano nabi. Ni…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Ingabo za SADC ziri mu cyiciro cya kabiri zatashye zivuye mu Burasirazuba bwa Congo, zinyuze ku butaka bw’u Rwanda

Ingabo z’Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), zari zimaze umwaka n’amezi atandatu mu butumwa bw’amahoro mu Burasirazuba bwa…

4 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?