igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Trump yarakariye Putin, Ateguza Uburusiya ibihano bikomeye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Trump yarakariye Putin, Ateguza Uburusiya ibihano bikomeye
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Perezida Trump yarakariye Putin, Ateguza Uburusiya ibihano bikomeye

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: March 31, 2025 12:47 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yarakariye bikomeye Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya, nyuma y’amezi ashize bagerageje kuganira ku ihagarikwa ry’intambara muri Ukraine.

Mu kiganiro yagiranye na NBC News, Trump yavuze ko byamubabaje cyane kuba Putin yarifatiye ku gahanga Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, avuga ko adakwiye kuyobora icyo gihugu.

Trump yatangaje ko, mu gihe Putin atakwemera guhagarika intambara, azazamura imisoro ku kigero cya 50% ku bihugu byose bigura ibikomoka kuri peteroli mu Burusiya. Yongeyeho ko, nibananirwa kumvikana, azakomanyiriza Uburusiya.

Mu minsi yashize, Trump yari yanenze Zelensky mu biganiro bagiranye muri Maison Blanche, amusaba gushaka inzira yo kumvikana na Putin kuko Ukraine idafite ubushobozi bwo gukomeza kurwana. Icyo gihe Trump yagaragaye nk’uworohereje Uburusiya, ndetse anizeza Putin ibintu byinshi Uburusiya busaba kugira ngo intambara irangire.

Abategetsi b’i Burayi bakiriye nabi iyo myitwarire ya Trump, bavuga ko yabatereranye yarangiza agashyigikira Putin.

Ni ubwa mbere Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitangaje ibihano bikomeye bishobora gufatirwa Uburusiya kubera kudashyira imbaraga mu biganiro by’amahoro. Iki cyemezo gishimangira ko Moscou ifite inshingano zo gufata umwanzuro ku iherezo ry’iyi ntambara.

NBC News yatangaje ko Trump, mu kiganiro cy’iminota icumi kuri telefone, yagaragaje uburakari bukomeye nyuma y’uko Putin anenze Zelensky. Nubwo na we yigeze gushidikanya ku buryo Zelensky yatowe, Trump yavuze ko ibyo Putin yavuze bidakwiye.

Trump yagize ati: “Narakaye cyane igihe Putin yavugaga ko Zelensky adakwiye kuyobora Ukraine. Ibi si ibintu byubaka na gato.”

Trump yavuze ko, mu gihe Uburusiya butubahiriza amasezerano yo guhagarika intambara, azazamura imisoro ku bikomoka kuri peteroli n’ibindi bicuruzwa by’Uburusiya muri Amerika ku kigero cya 25%.

Ibihugu bikorana ubucuruzi n’Uburusiya, nk’Ubuhinde n’Ubushinwa, na byo bizahura n’ingaruka zikomeye, kuko ibicuruzwa byabyo bizazamurirwa imisoro ku kigero cya 50%.

Ku rundi ruhande, Zelensky yanditse kuri X avuga ko Uburusiya bukomeje gushaka impamvu zo gukomeza intambara kurusha mbere.

Ati: “Putin arimo arakina umukino nk’uwo asanzwe akina kuva mu 2014,” ubwo Uburusiya bwiyomekagaho Intara ya Crimea.”

Zelensky yavuze ko hakenewe igisubizo gikomeye cy’ibihugu by’inshuti za Ukraine, birimo Amerika n’ibihugu by’u Burayi, kugira ngo amahoro asubire muri Ukraine.

Perezida Trump yatangaje ko azavugana na Putin muri iki cyumweru, aho hitezwe umwanzuro ku kibazo cy’intambara muri Ukraine.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article RURAGERETSE HAGATI Y’UMURAPERI CARD-B NA OFFSET BABYARANYE
Next Article Umwuka mubi hagati ya Gen. Muhoozi na Jenerali ba FARDC ukomeje kuba agatereranzamba
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umuyobozi wa Croix Rouge ku Isi

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 6 Gicurasi 2025, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Umuyobozi wa…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Tshisekedi yasezeranyije Abanye-Congo ikintu gikomeye mu mateka yabo

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yijeje abaturage be ko bagiye kwinjira mu bihe bishya…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Perezida wa Rayon Sports yibukije Munyakazi Sadate Ko atagira Umusanzu mu ikipe

Mu gihe Rayon Sports ikomeje urugendo rwayo muri shampiyona y’u Rwanda, Perezida wayo Twagirayezu Thadée yasubije ibitekerezo byatanzwe na Munyakazi…

2 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Muri White house ishyamba si ryeru namba

Umukire wa mbere ku isi y'abazima yashamiraniye muri white house na Minisitire w'imari Scott Bessent, bapfa umuyobozi ushinzwe imisoro aho…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?