Rihanna n’umugabo we ASAP Rocky bagiye kwibaruka umwana wa gatatu

Rihanna yagaragaje ko we n’umukuzi we, A$AP Rocky bari mu myiteguro yo kwibaruka umwana wa gatatu.

Gutwita kwa Rihanna kwagaragaye ubwo yatambukaga ku itapi itukura ya Met Gala 2025, mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 5 Gicurasi 2025.

Rihanna yibarutse ubuheta muri Kanama 2023. Uyu muhungu yamwise Riot mu gihe imfura yitwa RZA.

Aya makuru mashya mu muryango wa Rihanna na A$AP Rocky agiye hanze mu gihe nubundi hari hashize iminsi mike bivugwa ko bifuza umwana wa gatatu.

A$AP Rocky na Rihanna bari barakunze kugirana ubucuti bwibazwagaho mu itangazamakuru guhera mu 2013.

Muri Mutarama 2020, Rihanna yari yatandukanye n’Umuherwe Hassan Jameel bakundanaga, mu gihe A$AP Rocky yakundanye n’ibyamamare nka Kendall Jenner mu 2017 n’umunyamideli wo muri Brésil witwa Daiane Sodré, mbere yo gukundana na Rihanna.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version