igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Rutsiro: Abarobyi babiri barohamye mu kivu umwe arapfa undi aburirwa irengero
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Rutsiro: Abarobyi babiri barohamye mu kivu umwe arapfa undi aburirwa irengero
AMAKURU

Rutsiro: Abarobyi babiri barohamye mu kivu umwe arapfa undi aburirwa irengero

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 27, 2025 4:18 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
?
SHARE

Ndagijimana Faustin w’imyaka 37 na Hafashimana Fabien w’imyaka 32 ubwo barimo baroba mu Kivu umuyaga wabaye mwinshi  uzamo bararohama, Hafashimana aroga avamo, Ndagijimana  aheramo n’ubu umurambo we nturaboneka.

Umuyobozi w’ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi mu Karere ka Rutsiro, Nkundumukiza Joseph yabwiye Imvaho Nshya ko byabereye mu gice cy’Umudugudu wa Bukiro, Akagari ka Karambi mu Murenge wa Kivumu, mu gicuku gishyira ku wa Mbere tariki ya 26 Gicurasi 2025.

Ati: “Barimo baroba nijoro, ikiyaga cya Kivu kizamo umuyaga mwinshi, bombi bari kumwe, mu bwato bumwe bararohama. Bogera ku bwato babufashe ngo barebe ko bavamo kuko amato dusigaye dukoresha y’imbaho atamanuka ngo ajyemo hasi, bigeze aho, Ndagijimana Faustin kubera ubwoba no kunanirwa arekura ubwato agwamo.”

Yongeyeho ati: “Turacyategereje ko umurambo we wuburuka kuko kuvuga ko yaboneka ari muzima byo icyizere cyamaze kuyoyoka. N’ubu ntiturawubona.”

Yakomeje asobanura ko kubera ko abarobyi bose baba bari mu bwishingizi, umurambo numara kuboneka, hazakurikiraho gukurikirana iby’ubwishingizi ngo bugoboke abasigaye, cyane cyane ko hari n’abandi bagirira impanuka nk’izo mu Kivu, baroba  bukabagoboka.

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwizeyimana Emmanuel, avuga ko amakuru bayamenye mugitondo cyo ku wa 26 Gicurasi 2025 atanzwe na Hafashimana Fabien bakoranaga ako kazi k’uburobyi, we akabasha koga akarokoka.

Ati: “Tukibimenya, nk’ubuyobozi bw’Akarere, cyane ko tugira polisi ishinzwe umutekano wo mu mazi iba hafi hariya, twatangiye gushyiramo imbaraga ngo turebe ko umurambo we waboneka. Dutegereje ko wuburuka, nturaboneka.’’

Yavuze ko ari impanuka isanzwe y’akazi, icyizere cyo kumubona ari muzima cyo kikaba ntacyo, ko umurambo nuboneka, baza gufatanya n’umuryango we kuwushyingura no gusura abasigaye.

Abo barobyi bombi, nyakwigendera Ndagijimana Faustin na Hafashimana Fabien ni abo muri koperative ya KOAMUKA. Nyakwigendera Ndagijimana yari afite umugore n’abana 6.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Gicumbi:Umwarimukazi aravugwaho gutegeka abanyeshuri gukubita mugenzi wabo agapfa
Next Article Eddy Kenzo yatewe agahinda n’uburyo The Ben na Diamond bakiriwe nk’abami
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Perezida Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi muri Kazakhstan
May 27, 2025
Umugabo yajyanye mu nkiko resitora ya Whataburger nyuma yo guhabwa ibitunguru
May 27, 2025
Bertrand Bisimwa ashinja Leta ya RDC gufatanya na FDLR no kuyihishira
May 27, 2025
U Buhinde bwageze ku mwanya wa kane w’ibihugu bikize ku isi busimbuye U Buyapani
May 27, 2025
Bad Rama yagiriye inama Coach Gael ko ‘industry’ ikeneye byinshi kurusha ibitaramo bikomeye
May 27, 2025

You Might Also Like

AMAKURUPOLITIKE

Ibihano bishya ku Burusiya

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi EU hamwe n’u Bwongereza byatangaje ibihano bishya ku gihugu cy'u Burusiya hagamijwe guhangana n’uburyo bukoresha ubwato…

1 Min Read
AMAKURU

Kigali: umugore yatwikishije umugabo we isombe nyuma yo kumusangana indaya

Muri Kimisagara ho mu mujyi wa kigali umugore wari utuye aho yatwitse umugabo we akoresheje isombe yari ihiye amutwika wese…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

DRC: Umucanshuro yemereye Leta kuyicungira ibirombe by’amabuye y’agaciro

Ni uwitwa Erik Dean Prince, Umucancuro wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wemereye leta ya RDC ko azacunga umutekan…

1 Min Read
AMAKURU

Bafashwe bazira kwiba imiti kandi ari abaforomo

Polisi yo mu majyepfo yatagaje ko baje bufata abaforomo babashinja kwiba imiti bakayigurisha abandi bagiye kuyicuruza kuri cyamunara Ku wa…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?