igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: U Bubiligi bwatakambiye Museveni busaba ko yabufasha mu kubuhuza n’u Rwanda
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > U Bubiligi bwatakambiye Museveni busaba ko yabufasha mu kubuhuza n’u Rwanda
AMAKURUPOLITIKE

U Bubiligi bwatakambiye Museveni busaba ko yabufasha mu kubuhuza n’u Rwanda

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 27, 2025 1:29 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Minisitiri w’u Bubiligi ushinzwe ububanyi n’amahanga aherutse kugirira uruzinduko muri Uganda aho yasabaga ko u Bubiligi bwafashwa mu kongera kugira umubano mwiza na Leta y;u Rwanda

Ku wa Gatanu, tariki ya 25 Mata 2025, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yahuye na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni. Muri uwo mubonano, Prévot yavuze ko u Rwanda rukiri igihugu cy’ingenzi mu Karere k’Ibiyaga bigari, kandi ko rufite ubushobozi bwo kugira uruhare mu gushakira umuti ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Prévot yavuze ko nubwo yari aje kugisha inama Perezida Museveni nk’umukuru w’igihugu ufite ubunararibonye mu by’umutekano w’Akarere, yari afite n’icyizere ko Museveni ashobora kuba umuhuza hagati y’u Bubiligi n’u Rwanda, mu rwego rwo kongera kugirana umubano.

Prévot yashimye Perezida Museveni avuga ko afite ubushobozi bwo guhuza impande zitandukanye, bityo akaba ari umuntu w’agaciro mu gushakira amahoro Akarere k’Ibiyaga Bigari.

Nubwo Prévot yagiriye uruzinduko mu bihugu nka Uganda, RDC n’u Burundi, yavuze ko ababajwe no kuba atashoboye kujya mu Rwanda kubera ko u Rwanda rwahagaritse umubano wa dipolomasi n’u Bubiligi. Yagize ati: “ku bwamahirwe make, uko ibintu bimeze ubu ntabwo nashobora gusura u Rwanda, nyuma y’uko rufashe umwanzuro wo guhagarika umubano wa dipolomasi.”

U Rwanda rwafashe icyemezo cyo guhagarika umubano n’u Bubiligi nyuma y’uko rwanzuye ko u Bubiligi bukomeje kwitwara mu buryo bwa gikoloni, harimo no gukwirakwiza ibinyoma byangisha u Rwanda ku mahanga binyuze mu bufatanye na RDC. U Rwanda rugaragaza ko umubano ushobora kongera kubura igihe u Bubiligi bwihannye iyo myitwarire mibi.

Prévot yavuze ko u Bubiligi bugifite icyizere ko ibiganiro bizashoboka, bikazafasha buri ruhande gusobanukirwa neza impamvu y’ibyemezo bifatwa. Yatanze urugero rw’uko n’ubwo u Burusiya bwafatiwe ibihano, u Bubiligi butigeze buca burundu umubano nabwo.

Ku rundi ruhande, Maxime Prévot yashimye intambwe imaze guterwa mu biganiro byo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo. Yagarutse ku masezerano aherutse gusinywa i Washington hagati y’u Rwanda na RDC, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa RDC, Thérèse Kayikwamba Wagner, ku bufashwa bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

U Bubiligi bwashimye iyo ntambwe ndetse bunashimira uruhare rw’ibihugu n’imiryango mpuzamahanga birimo Qatar, Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU), Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) na SADC.

Prévot na Perezida Museveni banaganiriye ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, aho Ingabo za FARDC n’abambari bazo bakomeje intambara n’inyeshyamba za AFC/M23, zirwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bamaze imyaka bahigwa no kwimurwa.

Bombi bemeranyije ko hakenewe kwihutisha ibikorwa byo kugarura amahoro arambye. Prévot yibukije ko kugira ngo ikibazo gikemuke burundu, hagomba gukemurwa imvano z’intambara.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Yago Pon Dat yaciye amarenga ko yaba yitegura kwibaruka
Next Article Perezida Trump na Zelensky bagiranye ikiganiro kidasanzwe cy’amateka
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Abapolisi babiri bakubiswe n’inkuba ubwo bari bari gucunga umutekano wo mu muhanda

Abapolisi babiri bashinzwe umutekano wo mu muhanda bakorera kuri sitasiyo ya Polisi ya Murerani, mu Karere ka Simanjiro, Intara ya…

3 Min Read
AMAKURUIMIKINO

Rayon Sport igomba gusubira i Huye, ibya Mpaga byanzwe

Nyuma y'uko umukino wahuzaga Mukura Vs na Rayon Sport wasubitswe bitewe n'uko amatara acanira Stade Mpuzamahanga ya Huye yanze kwaka…

4 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

Hamas irahamagarira amahanga kwamagana umugambi wa Trump wo Kwimura abatuye muri Gaza.

Hamas yahamagariye amahanga kwamagana umugambi wa prezida wa leta zunze ubumwe za America wo gushaka kwimura abanye palisitine muri Gaza.…

2 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

RIB yavuze ko ibyo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Amagambo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga ni amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nk’uko Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwabitangaje.…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?