igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: U Rwanda na DRC bazasinyana amasezerano imbere ya Trump nk’umuhuza
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > U Rwanda na DRC bazasinyana amasezerano imbere ya Trump nk’umuhuza
AMAKURU

U Rwanda na DRC bazasinyana amasezerano imbere ya Trump nk’umuhuza

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 2, 2025 1:02 pm
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 2 Gicurasi 2025, hitezwe isinywa ry’imbanzirizamushinga y’amasezerano y’amahoro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Aya masezerano azaba aganisha ku mahoro arambye mu karere, ariko hanarebwe ku bufatanye mu by’ubukungu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yemeje ko impande zose zamaze kumvikana ku mbanzirizamushinga y’amasezerano, kandi ko gusinya ku mugaragaro biteganyijwe kuba muri Kamena muri White House, aho Perezida Trump azakira abakuru b’ibihugu bya RDC n’u Rwanda.

Mu biganiro byabereye i Doha muri Qatar ku wa Kane, Umujyanama Mukuru wa Trump ku bijyanye na Afurika, Massad Boulos, yavuze ko hari intambwe ikomeye imaze guterwa mu kunoza amasezerano, ndetse ko impapuro z’imbanzirizamushinga zatanzwe uyu munsi. Ibiganiro byitabiriwe n’abayobozi bakomeye barimo na ba Brigadier General b’u Rwanda, Jean Paul Nyirubutama na Patrick Karuretwa.

Ku ruhande rwa Amerika, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, nawe yemeje ko azahura n’abayobozi ba RDC ngo bakemure ibikiri ku rwego rwa diplomasi mbere y’isinywa rya nyuma.

Amezi abiri ari imbere azakoreshwa mu gutegura uwo muhango ukomeye uzaba uyobowe na Amerika, ukazanatumiwamo abakuru b’ibihugu bifatanyije mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo.

Icyakora, kugira ngo ayo masezerano yemerwe burundu, hari ibyo impande bireba bizabanza kugeraho. Muri byo harimo ko RDC igomba gukemura burundu ikibazo cy’umutekano muke, cyane cyane ikibazo cya FDLR. Hazanakorwa amavugurura mu miyoborere y’igihugu, by’umwihariko ku birebana no gusaranganya inyungu hagati y’intara.

Byongeye, u Rwanda na RDC bagomba gusinyana amasezerano yihariye na Amerika ajyanye n’ubukungu. Ibi bigamije gufungura inzira z’ishoramari rikomeye riturutse muri Amerika.

Kugira ngo hubahirizwe ibi byose, hashyizweho komite igizwe na Amerika, Qatar, u Bufaransa na Togo ihagarariye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), izakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibi byemezo.

Ibiganiro byari bisanzwe bikorerwa muri gahunda ya EAC-SADC byakuweho, bisigaye biyobowe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, mu rwego rwo guhuza imbaraga no kwihutisha umuti urambye w’umutekano mu karere.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Umuturage arasaba Kiliziya miliyoni 500Frw ku butaka bwe kugirango bagure ahabera isengesho Kwa YEZU Nyirimpuhwe
Next Article Aho ibiganiro hagati y’u Rwanda na RDC bigeze ubu, ntibikwiye gusenya uruhare rwa Angola
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUPOLITIKE

U Rwanda rwanyomoje amakuru y’ibiganiro by’amahoro byavugwaga na RDC

Guverinoma y’u Rwanda yateye utwatsi amakuru yavugaga ko hari imbanzirizamushinga y’amasezerano y’amahoro yatangiye kuganirwaho hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira…

3 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

RDC: Umutwe wa Wazalendo wifatanyije n’inyeshyamba za AFC/M23 ziyobowe na Corneille Nangaa

Mu karere ka Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), haravugwa inkuru y’ifatanya ry’umutwe…

3 Min Read
AMAKURUUTUNTU N' UTUNDI

Menya Ibihugu bya Afrika bicumbikiye abakekwaho Gukora Jenoside mu 1994 benshi bakihishahisha

Imyaka 31 irashize Jenoside yakorewe abatutsi ibaye, bamwe mu bayikoze bahungiye mu bihugu by’amahanga gusa Leta y’u Rwanda ibashyiriraho impapuro…

2 Min Read
AMAKURU

Musanze: Umwuzure wafunze umuhanda mu gihe cy’amasaha 2

Nk’uko byatangajwe na Polisi y’u Rwanda, imvura nyinshi yaguye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze yateye amazi kuzura…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?