igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umugore washyinguwe yagarutse ari muzima, bitera urujijo mu baturage
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umugore washyinguwe yagarutse ari muzima, bitera urujijo mu baturage
AMAKURUMU MAHANGA

Umugore washyinguwe yagarutse ari muzima, bitera urujijo mu baturage

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 15, 2025 8:51 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu gace ka Muzye, kari muri Komine Giharo, Intara ya Rutana mu Burasirazuba bw’u Burundi, abaturage baguye mu kantu nyuma yo kubona umugore bari barashyinguye agarutse mu rugo ari muzima, hashize umunsi umwe gusa bashyinguye umurambo bafataga nk’uwe.

Uyu mugore witwa Evelyne Butoyi, w’imyaka 26, yabonetse ku wa 14 Mata 2025 yaje yicaye kuri moto, ibintu byatumye benshi bacika ururondogoro.

Bagira bati: “Ese ni Evelyne wacu koko?”

Byatangiye ku wa 6 Mata 2025, ubwo umurambo w’umugabo we watoragurwaga, bigaragara ko yishwe akubiswe. Nyuma y’imihango yo kumushyingura, Evelyne nawe yahise aburirwa irengero.

Hashize iminsi itatu, umurambo w’umugore wagaragaye mu mugezi wa Muyovozi, warangiritse cyane, bimwe mu bice by’umubiri byari byatemwe. Abaturage ndetse n’umuryango wa Evelyne bemeje ko ari we, ndetse baramushyingura. Bamwe bavuze ko bamushyinguranye n’imyenda ye yambaraga, ndetse n’isura ye barayibonye, nubwo yari yangiritse, barayimenye.

Ku munsi wakurikiye ishyingurwa rye, Evelyne yagaragaye ku mugaragaro, yicaye kuri moto iturutse muri Tanzaniya, nta gikomere na kimwe afite ku mubiri. Ababyumvise baketse ko ari ibitangaza.

Abaturanyi be n’abo mu muryango baravuze bati: “Ibi ntibisanzwe. Twaramushyinguye, none twamubonye n’amaso yacu.”

Umumotari wamuzanye yabwiye inzego z’umutekano ko yamukuye muri Tanzaniya, aho bivugwa ko Evelyne yari kumwe n’umugabo we wundi amakuru yatunguye benshi ni uko umugabo we wa mbere bari bamaze iminsi bamushyinguye.

Mu kiganiro yagiranye na Radiyo Shima FM, Evelyne yahakanye ko yapfuye cyangwa ko yigeze abura. Yavuze ko yari yagiye gusura inshuti ye muri Tanzaniya n’umugabo we, ariko ngo baza kuburana mu nzira, bituma afata icyemezo cyo kugaruka wenyine.

Yagize ati: “Nta bwo nigeze nambuka umugezi cyangwa ngo mbe narapfuye. Nari muri Tanzaniya n’umugabo wanjye ariko twaje gutandukana tutaragera aho twajyaga. Ni yo mpamvu nasubiye inyuma ngaruka iwacu.”

Nubwo Evelyne avuga ko atigeze apfa, bamwe mu baturanyi ndetse n’abo mu muryango we baracyemera ko umurambo bashyinguye wari uwe. Bavuga ko imyenda yashyinguranwe ari nayo yagarukanye, keretse agapira gato yahinduye.

Umwe yagize ati: “Ni jye wamwambitse. Ni we twashyinguye. None aragarutse, arasa neza neza nk’uwo twahambye.”

Ubuyobozi bw’aka gace bwemeje aya makuru, buvuga ko hamaze gutabwa muri yombi abantu batanu, barimo umumotariwavuze ko yamukuye muri Tanzaniya. Iperereza ririmo gukorwa ngo hamenyekane ukuri ku murambo bashyinguye, niba koko utari uwa Evelyne, cyangwa niba hari ibindi byihishe inyuma y’iri garuka rye ryateye urujijo.

Iri sanganya ridasanzwe ryateje ubwoba, impaka, ndetse n’amatsiko mu baturage ba Muzye, bamwe baribaza niba ari amayeri.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ingabo za SADC zashinje M23 gutegura ibitero bya nyirarureshwa
Next Article Igihugu cy’Ubushinwa cyakoze Izuba rizajya ricanira I gihugu cyabo gusa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

PSG ikoze amateka kuri Allianz Arena itsinda Inter Milan ibitego 5-0, yegukana Champions League bwa mbere
May 31, 2025
Musanze: Inzoga y’inkorano yitwa Munanguzi ikomeje kubangamira abaturage
May 31, 2025
Joseph Kabila yahuye n’ubuyobozi bwa AFC/M23, bemeranya gukorera hamwe mu rugendo rwo kugarura amahoro muri DRC
May 31, 2025
Kate Bashabe yihanangirije abamushinja gushyingiranwa n’imbwa ye
May 31, 2025
Umubyeyi wa Rihanna yapfuye
May 31, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Perezida wa Sena ya RDC, Michel Sama Lukonde yasabye Kabila uri mu buhungiro kwitaba

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, yasabwe kwitaba Sena…

3 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

U Rwanda na Congo bongeye guhurira muri Qatar bari kumwe n’uhagarariye Trump

Kuri uyu wa 30 Mata intumwa za leta y' u Rwanda hamwe na DRC bongeye guhurira muri Qatar aho basinye…

3 Min Read
AMAKURU

Nduhungirehe Olivier yagaragaje ko abahuza amasezerano y’amahoro ya Rwanda-DRC n’amasezerano y’abimukira ataribyo

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Jean Patrick Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rukomeje ibiganiro na Leta Zunze…

3 Min Read
AMAKURU

Abaturage 28 bafunzwe bazira gutera umuturage bamushinza kubaroga

Mu Kagari ka Batima, Umurenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera, abantu 28 batawe muri yombi nyuma yo gutera urugo…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?