igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: M23 na Leta ya Congo baracaykomeje intambara nyamara barashizeho amabwiriza y’agahenge
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > M23 na Leta ya Congo baracaykomeje intambara nyamara barashizeho amabwiriza y’agahenge
AMAKURUMU MAHANGA

M23 na Leta ya Congo baracaykomeje intambara nyamara barashizeho amabwiriza y’agahenge

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: April 28, 2025 10:51 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Hashize iminsi itanu hasinywe amasezerano hagati ya Leta ya DRC na M23 ariko ubu biravugwa ko imirwano hagati y’abahanganye ku rugamba yubuye ibishobora gutuma ibintu bisuba irudubi

Nyuma y’uko impande z’amasezerano yari yahujwe na Qatar zasohoye itangazo ryemewe na bose, ryasabaga ishyirwaho ry’agahenge nk’intambwe yo kugera ku mahoro arambye, intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ikomeje kwanga gucogora.

Amakuru ava mu gace ka Minembwe avuga ko abarwanyi ba M23 bakomeje imirwano ikomeye barwana n’inyeshyamba za Wazalendo ndetse n’ingabo za leta ya DRC. Si M23 gusa iri muri uru rugamba, kuko n’umutwe wa Twirwaneho-Gumino uri mu mirwano ikaze.

Mu tundi turere, intambara ikomeye iri kubera i Kiziba mu karere ka Walungu. Byongeye, muri DRC haravugwa n’undi mutwe witwa “Android” ukomeje kwigaragaza muri ibi bikorwa bya gisirikare.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 26 Mata 2025, imirwano yongeye gukara cyane ahitwa Irhambi-Katana, aho M23 yashimangiye ibirindiro byayo mu bice birimo Kabare, Kalehe, Kibati na Walikale.

Ahandi haturuka amakuru y’imirwano ni mu karere ka Masisi, aho indi mitwe irimo APCLS iri mu ntambara ikaze.

Nk’uko ubushakashatsi bwa Radio Okapi bubigaragaza, kubura icyizere hagati y’impande zishyamiranye ndetse no kuba nta ngabo z’amahoro zashyizwe hagati yabo, biri mu bituma imbaraga zo gushaka amahoro zidindira mu Burasirazuba bwa DRC.

Mu minsi ya shize leta ya DRC na M23 bahuriye muri Qatar aho mu byo baganiriye harimo no gushaka amahoro ndetse banasinyanya amasezerano yagombaga gukurikizwa mu rwego rwo kwirinda ko hagira uwica aya masezerano, si ibyo gusa kuko no mu minsi micye ishize u Rwanda na Congo nabo bahuriye muri USA bakemeranya ku gushaka umuti w’ikibazo cyo muri Congo bose hamwe.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ziri Kwitegura intambara ikomeye mu kibaya cya Rusizi
Next Article Umwe mu bantu 17 mu bibiye Kim Kardashian i Paris yemeye icyaha
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Ikibazo cya Rayon minisiteri igiye kugihagurukira
May 18, 2025
Perezida w’Afurika y’Epfo agiye kuganira na Trump wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika
May 18, 2025
FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Nyagatare: Umuyobozi wa Ibuka Bimenyimana Jean de Dieu arifuza ubufatanye kugira ngo imiryango 153 itarabona amacumbi iyabone

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Bimenyimana Jean de Dieu, avuga ko n’ubwo hakozwe byinshi bigamije gufasha abarokotse Jenoside…

3 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Rurageretse hagati ya Sean “Diddy” Combs na Cassie bakundanye

Sean “Diddy” Combs ashaka kugaragaza ko we na Cassie bari babanye mu rukundo rurimo urugomo, ndetse ibintu byose byagiye biba…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

Perezida Donald Trump yavuze ko atazi igihugu cya Congo

Perezida Donald Trump yakoze mu jisho Abanyekongo atangaza ko atazi icyo Congo ari cyo usibye kuba yumva ko abantu benshi…

3 Min Read
AMAKURU

Muhanga: Moto 6 nizo zagarujwe mu zari zibwe n’abajura

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga yafashe moto esheshatu zari zaribwe, zimwe muri Kigali izindi mu Karere ka…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?