igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Ubuhinde na Pakistan byinjiye mu ntambara yeruye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Ubuhinde na Pakistan byinjiye mu ntambara yeruye
AMAKURUMU MAHANGA

Ubuhinde na Pakistan byinjiye mu ntambara yeruye

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 7, 2025 9:34 am
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu ijoro ryakeye, igihugu cy’u Buhinde cyatangaje ko cyagabye igitero gikomeye ku butaka bwa Pakistan, aho cyarashe ibisasu bya misile ku bice icyenda bitandukanye bigenzurwa na Pakistan. Iki gitero cyiswe “Operation Sindoor”, kikaba cyibasiye cyane uturere two muri Leta ya Kashmir ndetse no mu ntara ya Punjab, kishe abantu benshi abandi barakomereka.

U Buhinde bwatangaje ko icyo gitero cyagabwe nk’igikorwa cy’ubwirinzi no gukumira ibikorwa by’ubushotoranyi bivugwa ko byari bikomeje gukorerwa ku mupaka uhuza ibi bihugu byombi. Cyakora Pakistan yahise itangaza ko igisirikare cyayo cyahise gisubiza icyo gitero ku buryo bukomeye, kirasa ku bikorwa remezo by’igisirikare cy’u Buhinde ndetse gitangaza ko cyahanuye indege z’intambara eshanu zari iz’u Buhinde.

Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Bwana Khawaja Asif, yatangaje ko icyo gihugu kiri gukora ibishoboka byose kugira ngo gisubize mu buryo bwihuse kandi bukomeye icyo gitero cyaturutse ku Buhinde.

Yagize ati: “Pakistan ntabwo izihanganira na rimwe igitero icyo ari cyo cyose kiva ku Buhinde. Ubu turi mu rugamba rwo gusubiza icyo gitero, kandi hari intambwe zimwe zifatika zimaze guterwa. Ingabo zacu zahanuye indege z’u Buhinde eshanu kandi hari abasirikare b’abahinde benshi twafashe.”

Iki gitero cyibasiye cyane imijyi ya Muzaffarabad na Kotli, yombi iherereye muri Leta ya Kashmir igenzurwa na Pakistan. Kugeza ubu, Pakistan itangaza ko abantu umunani bimaze kumenyekana ko bahitanywe n’ibyo bitero, mu gihe abandi basaga 35 bakomeretse.

Pakistan ivuga ko igisasu cy’u Buhinde cyaguye mu bice bitanu bitandukanye byo ku butaka bwayo, ibintu ikomeje gufata nk’ubushotoranyi bukomeye bushobora gukurura intambara nini kurushaho.

Abasesenguzi mpuzamahanga bakomeje gukurikiranira hafi uko ibi bihugu byombi biri kugenda byitwara, bitewe n’uko bifite amateka y’intambara nyinshi zabaye hagati yabyo, cyane cyane ku kibazo cy’uturere twa Kashmir.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Nduhungirehe Olivier yagaragaje ko abahuza amasezerano y’amahoro ya Rwanda-DRC n’amasezerano y’abimukira ataribyo
Next Article Dore impamvu ikomeye yatumye ibyiciro by’ubudehe bikurwaho burundu
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishaka gusenya ishyaka PPRD rya Joseph Kabila

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani, yasabye Umushinjacyaha mu rukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga gutangira…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGA

AFC/M23 ikomeje ibikorwa byo guhiga abarwanyi ba FDLR n’abandi bateza umutekano muke i Goma

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze iminsi bagaragara ku ngo z’abaturage mu bice bitandukanye…

4 Min Read
AMAKURUIMYIDAGADURO

Umuhanzi ukunzwe muri Uganda Jose Chameleon yatangaje ko yaretse inzoga n’itabi burundu

Umuhanzi ukunzwe muri Uganda, Jose Chameleon, yatangaje ko yaretse inzoga n’itabi kubera uburwayi amaranye iminsi ndetse yiyemeje gukomeza umuziki. Abitangaje…

2 Min Read
AMAKURU

Gucyura abasirikare n’abapolisi ba Congo 1359 bahungiye kuri MONUSCO byarangiye

Komite Mpuzamahanga y’umuryango Croix Rouge (ICRC) yatangaje ku wa 15 Gicurasi 2025 ko yarangije ibikorwa byo gucyura abasirikare n’abapolisi ba…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?