igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umugabo yarohamye mu cyuzi arapfa, nyuma yo kwanga kumvira umugore we
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umugabo yarohamye mu cyuzi arapfa, nyuma yo kwanga kumvira umugore we
AMAKURU

Umugabo yarohamye mu cyuzi arapfa, nyuma yo kwanga kumvira umugore we

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: May 14, 2025 3:22 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu Karere ka Huye, Umurenge wa Rwaniro, haravugwa inkuru ibabaje y’umugabo witwa Uwimana Aphrodis, w’imyaka 23, warohamye mu cyuzi cya Gatindingoma agapfa, nyuma yo kwanga inama y’umugore we wamugiriye impanuro zo kogera mu rugo aho kujya koga mu cyuzi.

Ibi byabaye ku wa 13 Gicurasi 2025, ahagana saa cyenda z’igicamunsi, ubwo nyakwigendera yavaga guhinga hamwe n’umugore we. Nk’uko amakuru aturuka mu baturage abivuga, Uwimana yageze mu rugo avuga ko ashaka koga, maze umugore amugira inama yo kogera mu rugo, amwibutsa ko kujya mu mazi yo mu cyuzi gikoreshwa mu kuhira umuceri bishobora kumugiraho ingaruka. Gusa Uwimana yanze kumwumva, ubundi afata icyemezo cyo kujya kogera mu cyuzi.

Icyo cyuzi kizwi nka Gatindingoma ni kimwe mu byuzi bifasha kuhira imyaka yiganjemo umuceri muri aka gace, ariko kandi kikaba kirinzwe kuko kigira ubujyakuzimu burebure bushobora gushyira ubuzima bwa muntu mu kaga, by’umwihariko abatarabimenyera koga neza.

Ubwo Uwimana yari agezemo, ngo yagerageje koga nk’uko yari abimenyereye, ariko aza kugerwaho n’impanuka amira amazi menshi, bituma ahita arohama. Umugore we wari mu rugo akimara kubona ko bitameze neza, yahise ahuruza abaturanyi ngo baze gutabara, ariko biba iby’ubusa kuko byari byamaze kuba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwaniro, Jean Paul Rugira Amandin, yemeje iby’iyi mpanuka, avuga ko umurambo wa nyakwigendera wari utaraboneka ubwo hatangazwaga aya makuru.

Ati: “Ubwo yarohamaga, umugore we yahise ahuruza abaturanyi ariko amazi yari yamaze kumumira. Inzego z’umutekano zahise zihagera, zitangira ibikorwa byo gushakisha umurambo. Ibyemezo birenzeho bizafatwa nyuma yo kuwubona.”

Gitifu Rugira yavuze ko icyabaye ari impanuka, nubwo Uwimana yari asanzwe azi koga, aboneraho gusaba abaturage kwitwararika mu gihe bagiye hafi y’amazi, bakirinda kuyajyamo nta mpamvu zifatika cyangwa badaherekejwe.

Yagize ati: “Turakangurira abaturage kwirinda koga mu biyaga, ibyuzi bitari ibyo kogeramo mu buryo bwemewe. Amazi yose, igihe cyose, ni amazi ashobora gutwara ubuzima bw’umuntu.”

Yongeyeho ko icyuzi cya Gatindingoma gisanzwe kirinzwe, aho hanashyizweho abantu babuza abana kucyogeramo cyangwa kugikoreramo imikino.

Nyakwigendera Uwimana Aphrodis yari atuye mu Kagari ka Nyamabuye, aho yari amaze igihe gito yubatse urugo. Asize umugore n’umwana umwe.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko Uwimana yari umusore wicisha bugufi, wakundaga umurimo kandi akagira urugwiro n’abandi. Inkuru y’urupfu rwe yakiriwe mu marira no mu gahinda gakomeye.

Izi mpanuka zikunze kugaragara hirya no hino mu gihugu zishingiye ku kutitwararika igihe abantu bagiye mu mazi. Abayobozi basaba ko abaturage bajya bitondera ibi bikorwa, by’umwihariko koga mu byuzi n’ahandi hatari ahabugenewe, kugira ngo barinde ubuzima bwabo n’ubw’abandi.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Dore Abanyarwanda babiri bonyine ni bo Davido akurikirana kuri Instagram
Next Article Abatuye umujyi bose basinze urumojyi nyuma yo gutwikirwa mu mujyi hakazamuka umwotsi warwo
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025
Consumer Protection Manager at BPR: Deadline: 05/27/2025
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Umunyarwanda uba mubwongereza yongeye gushinjwa ikindi cyaha gikomeye

Axel Rudakubana, Umunyarwanda w'umwongereza w’imyaka 18, ari gukurikiranwa n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho gutwika umucungagereza wa Gereza ya Belmarsh i…

2 Min Read
AMAKURU

Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yarezwe ibyaha bitandatu bikomeye

Eddie Mutwe ukuriye abacungira umutekano umunyapolitiki Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yarezwe ibyaha bitandatu birimo ubujura bukomeye no…

2 Min Read
AMAKURU

Umuyobozi Mukuru wungirije wa RSSB Louise Kayonga yavuze ko ibigo nderabuzima n’amavuriro y’ibanze bigiye kujya bihabwa amafaranga y’imiti mbere

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rwatangaje ko rugiye gutangiza uburyo bwo guha amavuriro y’ibanze n’ibigo nderabuzima amafaranga azwi nka ‘Capitation’…

2 Min Read
AMAKURU

Gupfobya Jenoside byumvikanye mu ijambo rya Massad Boulos

Umujyanama Mukuru kuri Afurika wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America Massad Boulos, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?