igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Kigali: Umugore akurikiranyweho gutwika umugabo we amumennyeho isombe ishyushye
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Kigali: Umugore akurikiranyweho gutwika umugabo we amumennyeho isombe ishyushye
AMAKURU

Kigali: Umugore akurikiranyweho gutwika umugabo we amumennyeho isombe ishyushye

TWIZEYIMANA DAVID
Last updated: April 17, 2025 2:35 pm
TWIZEYIMANA DAVID
Share
SHARE

Mu murenge wa Kimisagara, mu karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, haravugwa inkuru ibabaje aho umugore w’imyaka 38 akurikiranywe n’ubutabera nyuma yo gukomeretsa umugabo we w’imyaka 40 amumennyeho isombe ishyushye, ubwo yari asinziriye.

Nk’uko bivugwa n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge, uyu mugore yasanze umugabo wearyamye yarimo amuteguriye isombe imaze gushya cyane, ayimumenaho ubwo yari aryamye, asinziriye. Isombe yamumenweho yari ishyushye cyane ku buryo yamwokeje bikomeye mu mugongo no mu maso.

Uyu mugore yahise ahunga nyuma yo gukora iki gikorwa, ariko nyuma yaje gufatwa n’inzego z’umutekano, dosiye ishyikirizwa Ubushinjacyaha, ubu akaba akurikiranywe n’urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ubushinjacyaha bwatangaje ko uyu mugore yemera icyaha akekwaho, ariko avuga ko yabitewe n’umujinya ukabije kuko ngo ku mugoroba wabanje yari yasanze umugabo we yicaye mu kabari asangira n’indaya, nk’uko we abyita. Uwo mujinya niwo avuga ko watumye afata icyemezo cyo kumumenaho isombe ishyushye.

Yagize ati: “Narababaye cyane nyuma yo kumusanga mu kabari asangira n’indaya, sinigeze ntekereza kumwotsa cyangwa kumwica, ariko byambayeho.”

Mu gihe yaba ahamwe n’iki cyaha, uyu mugore ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’amezi atandatu (6) n’umwaka umwe (1), ndetse n’ihazabu iri hagati ya 100,000 RWF na 300,000 RWF, nk’uko biteganywa n’ingingo z’amategeko ahana ibyaha byo gukomeretsa ku bushake.

Ariko kandi, bitewe n’uko icyaha cyakorewe umugabo bashyingiranywe, amategeko ateganya ibihano bikarishye kurushaho. Itegeko rishobora no kumuhana igifungo kiri hagati y’umwaka umwe (1) n’imyaka itatu (3) ndetse n’ihazabu hagati ya 300,000 RWF na 500,000 RWF, bitewe n’uburemere bw’icyaha n’uburyo cyakozwemo.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article U Rwanda rwasinyanye andi masezerano n’ikipe ya PSG yo gukomeza gukorana
Next Article U Bushinwa: Umwana w’imyaka irindwi yahawe umutima w’umukorano muto ku Isi
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURUMU MAHANGA

Perezida Trump yigambye ko yagize uruhare mu guhuza u Rwanda na DRC

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yishimye mu buryo bwo kwishongora ku ruhare rwe mu kunga u Rwanda…

4 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Mali: Bahagaritse ibikorwa byose by’imitwe ya politike

Mu gihugu cya mali ibikorwa by’imitwe ya politike byahagaritswe, bigararira bamwe nko gukomeza gucecekesha abo muri iki gihugu bakomeje kugaragaza…

1 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Liverpool iragaritswe, ibi hari icyo byafasha Arsenal iyikurikiye ku rutonde?

Ikipe ya Liverpool iyoboye urutonde rwa Shampiona Y'abongereza (Premier League) Iteshejwe Amanota na Fulham ku kibuga cya Fulham  Craven Cottage…

1 Min Read
AMAKURU

Umuhanzi Rugamba Sipiriyani wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 yari muntu ki?

Rugamba Sipiriyani yavutse mu 1935, avukira mu cyahoze ari Komine Karama, ubu ni mu Karere ka Nyamagabe, mu Ntara y’Amajyepfo.…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?