igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Perezida Kagame yarebye umupira wahuje amakipe abiri yamamariza Visit Rwanda
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Perezida Kagame yarebye umupira wahuje amakipe abiri yamamariza Visit Rwanda
AMAKURU

Perezida Kagame yarebye umupira wahuje amakipe abiri yamamariza Visit Rwanda

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 8, 2025 11:56 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Perezida Kagame yarebye umukino wa ½ cya UEFA Champions League i Paris ubwo yari mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa

Ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakurikiye umukino wo kwishyura wa kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League wahuje Paris Saint-Germain na Arsenal. Uyu mukino wabereye kuri stade ya Parc des Princes i Paris, mu Bufaransa, aho wahuriranye n’uruzinduko rw’akazi Perezida Kagame yagiriraga muri iki gihugu.

Perezida Kagame yari ari kumwe na Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), ndetse n’abandi bayobozi bakomeye barimo Aleksander Čeferin uyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’u Burayi (UEFA). Ni umukino wanakurikiwe n’abandi banyapolitiki n’abayobozi mu nzego zitandukanye.

Uru ruzinduko rwa Perezida Kagame rwari rugamije gukomeza gushimangira umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, aho yanagiranye ibiganiro na Perezida w’iki gihugu, Emmanuel Macron.

Paris Saint-Germain niyo yegukanye intsinzi ku giteranyo cy’ibitego 3-1 nyuma yo gutsinda Arsenal ibitego 2-1 muri uyu mukino wo kwishyura. PSG na Arsenal zombi ni amakipe afitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda binyuze muri gahunda y’ubukerarugendo ya Visit Rwanda.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Pasiteri wo muri Kenya Afatiwe ku Mupaka Atwaye Inzoka mu Gikapu, Asobanura ko Ayikuye mu Masengesho yo Gukiza Amadayimoni
Next Article Abakrisito bo mu Rwanda bizeye ko hari icyizere ko Kardinali Kambanda yatungurana akaba Papa mushya
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

Rutsiro: Umurambo w’umugabo w’imyaka 30 wasanzwe iruhande rw’akabari
May 8, 2025
Cardinal Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa Mushya, Afata Izina rya Leon XIV
May 8, 2025
Cardinal Robert Francis Prevost wo muri Amerika ni we watorewe kuba Papa mushya afata izina ry’ubutungane rya Leon XIV
May 8, 2025
Isi yose ihanze amaso I Vatican Papa mushya yabonetse kuko umwotsi wera wazamutse
May 8, 2025
Ibikoresho bya SAMIDRC byanyujijwe mu Rwanda bigeze ku cyiciro cya gatatu
May 8, 2025

You Might Also Like

AMAKURUIMYIDAGADURO

Umuhanzi Yago Pon Dat n’umukunzi we Teta Christa bibarutse imfura y’umuhungu

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Nyarwaya Innocent, wamamaye mu muziki ku izina rya Yago Pon Dat, yatangaje inkuru y’ibyishimo y’uko we n’umukunzi…

2 Min Read
AMAKURUIMIKINOMU MAHANGA

Liverpool iragaritswe, ibi hari icyo byafasha Arsenal iyikurikiye ku rutonde?

Ikipe ya Liverpool iyoboye urutonde rwa Shampiona Y'abongereza (Premier League) Iteshejwe Amanota na Fulham ku kibuga cya Fulham  Craven Cottage…

1 Min Read
AMAKURUMU MAHANGAPOLITIKE

Amerika, n’Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi bongeye gushyira igitutu kuri Salva Kiir ngo arekure Riek Machar

Ambasade za Kanada, Ubudage, Ubuholandi, Noruveje, Ubwongereza, na Amerika, ndetse n'Intumwa z’Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi, bongeye kotsa igitutu Perezida wa…

2 Min Read
AMAKURU

Vancouver: Abantu 9 nibo bapfuye

Polisi ya Vancouver iravuga ko abantu icyenda bamaze kumenyekana ko bapfuye abandi bagakomereka nyuma y’uko umugabo wari utwaye imodoka ya…

1 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?