igika logo
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Reading: Umukobwa w’imyaka 20 akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana we amujugunye mu musarane
Share
IGIKANEWSIGIKANEWS
Font ResizerAa
Search
  • AHABANZA
  • AMAKURU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • IMYIDAGADURO
  • MU MAHANGA
  • POLITIKE
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • AKAZI
  • UTUNTU N’ UTUNDI
  • AMATANGAZO
  • UBUREZI
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IGIKANEWS > Blog > AMAKURU > Umukobwa w’imyaka 20 akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana we amujugunye mu musarane
AMAKURU

Umukobwa w’imyaka 20 akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana we amujugunye mu musarane

Fisto HAKIZIMANA
Last updated: May 10, 2025 11:05 am
Fisto HAKIZIMANA
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umukobwa w’imyaka 20 ukekwaho icyaha cyo kwica umwana we w’imyaka ibiri amujugunye mu musarane wa metero 20 z’ubujyakuzimu, aho nyuma y’uko abaturage bahuruje inzego z’umutekano, umwana yakuwemo yamaze gupfa

Ibi byabaye ku wa 9 Gicurasi 2025, mu Murenge wa Tumba, Akagari ka Cyarwa, Umudugudu wa Kabeza, aho uwo mukobwa yakoraga akazi ko mu rugo.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko uwo mukobwa yari asanzwe akora imirimo yo kumesera mu ngo zitandukanye, ariko mu minsi yashize yari yarabonye akazi ko gukora mu rugo mu mudugudu wa Kabeza. Amakuru atangwa n’abaturanyi agaragaza ko icyemezo cyo kwihekura cyaba cyaraturutse ku makimbirane yamaze igihe hagati y’uwo mukobwa n’uwo babyaranye umwana.

Bivugwa ko ku munsi w’ibyago, yahengereye igihe abo bakoranaga batari mu rugo, maze afata umwana amujugunya mu musarane. Nyuma yaho, abaturage bahise bahuruza Polisi, ariko ubwo umwana yakurwagamo, basanze yamaze kwitaba Imana.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yemeje aya makuru, avuga ko umurambo w’uwo mwana wajyanywe ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare, naho umukobwa ukekwaho icyaha ajyanwa gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma kugira ngo akurikiranwe mu mategeko.

SP Habiyaremye yibukije abaturage ko nta mpamvu n’imwe yatuma umuntu yambura undi ubuzima, asaba buri wese kwirinda ibikorwa nk’ibi kuko amategeko azabihanisha byihanukiriye.

Naramuka ahamwe n’icyaha, azahanishwa igifungo cya burundu nk’uko biteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko rigena ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wica undi abigambiriye, ahanishwa igifungo cya burundu.

Subscribe to Our Newsletter
Subscribe to our newsletter to get our newest articles instantly!
Share This Article
Email Copy Link Print
Previous Article Igisirikare cy’Uburundi cyemeje ko cyishe inyeshyamba zisaga 100 zirwanya Leta y’u Rwanda
Next Article Vatican yatanagaje igihe cya nyacyo Papa Leo XIV azimikirwa
Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Mashya

FERWAFA yagize icyo ivuga ku mvururu zabere kuri stade ya Bugesera, ku mukino wari wahuje Rayon Sport na Bugesera FC
May 18, 2025
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gusinzira amasaha menshi bigira ingaruka mbi ku mikorere y’ubwonko
May 18, 2025
HoodyBaby asanze Chris Brown mu buroko dore ko bari mu kirego kimwe
May 18, 2025
Accountant at supreme court (SC) :Deadline: May 23, 2025
May 17, 2025
Abantu 23 biciwe mu gitero k’iterabwoba muri Nigeria
May 17, 2025

You Might Also Like

AMAKURU

Urukiko rwa Loni rwagaragaje ko gufungura by’agateganyo Kabuga Félicien bitakoroha mu gihe atarabona igihugu kimwakira

Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho gukora imirimo y’insigarira y’inkiko mpuzamahanga mpanabyaha, IRMCT, rwagaragaje ko gufungura by’agateganyo Kabuga Félicien bitakoroha mu gihe…

3 Min Read
AMAKURU

Bobi Wine agiye kwiyamamariza kuba Perezida ndetse anashinja abo mu Burengerazuba bw’Isi guceceka nyamara Abanya-Uganda bababazwa

Umunya-Uganda utavuga rumwe n’ubutegetsi, Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), yashimangiye ko na we ari mu baziyamamariza kuyobora Uganda mu matora y’Umukuru…

2 Min Read
AMAKURUPOLITIKE

U Rwanda na Congo bongeye guhurira muri Qatar bari kumwe n’uhagarariye Trump

Kuri uyu wa 30 Mata intumwa za leta y' u Rwanda hamwe na DRC bongeye guhurira muri Qatar aho basinye…

3 Min Read
AMAKURU

Perezida wa Korea y’Epfo nawe yeguye igitaraganya atamazeho kabiri

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 1 Gicurasi 2025, uwari perezida w’agateganyo wa Koreya y’Epfo, Han Duck-soo, yatangaje ko yeguye…

2 Min Read
igika logo igika logo

Contact Us

IGIKANEWS

Address: Kigali / Rwanda
Phone: +250786121827
Email: Webmaster@kentshema.com
Web: https://igikanews.rw

© IGIKANEWS. Created And Owned By Kent. All Rights Reserved.

Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?